1
1 ABAKORINTO 5:11
Iseezerano Rishya
Ruf
Ibyo nashaakaga kubabwira ni ukutiifatanya n'umuntu wiiyita umuvandimwe muri Kristo kandi akaba ari umusambanyi, cangwa umunyamururu, cangwa usenga ibishushaanyo, usebanya, umusinzi, cangwa umwambuzi. Ndetse umuntu nk'uwo ntimugasangire na we.
Compare
Explore 1 ABAKORINTO 5:11
2
1 ABAKORINTO 5:7
Noone reero nimwivaanemo icaaha kimeze nk'umusemburo ushaaje, maze mube nk'umugaati musha udasembuye nk'uko musanzwe. Dore igihe c'ibirori byo Kunyurwaho kirageze, kuko Kristo ari we mwana w'intaama w'igitambo co Kunyurwaho watambwe.
Explore 1 ABAKORINTO 5:7
3
1 ABAKORINTO 5:12-13
Mbese hari aho mpuuriye no guciira urubanza abo hanze batari abakristo? Mbese si abo muri mwe bo mukwiriye guciira urubanza? Imaana ni yo izaabaciira urubanza. Noone reero nimugenze nk'uko byanditswe ngo, “Nimuvaane inkozi z'ibibi muri mwe.”
Explore 1 ABAKORINTO 5:12-13